HOSPITALITE Home » Uwari perezida wa Angola yashyinguwe aho umuryango we utashakaga

Uwari perezida wa Angola yashyinguwe aho umuryango we utashakaga

Spread the love
Perezida Tshisekedi ni umwe mu bategetsi bitabiriye iyi mihango i Luanda

Mu murwa mukuru  wa Angola habereye imihango yo gusezera no gushyingura uwahoze ari perezida José Eduardo dos Santos wapfiriye muri Espagne mu kwezi gushize kwa Nyakanga.
Ba perezida Félix Tshisekedi wa DR Congo, Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe, Cyril Ramaphosa wa Africa y’Epfo na Denis Sassou Nguesso wa Congo-Brazzaville ndetse na perezida wa Portugal, ni bamwe mu bategetsi bakuru baje kumusezeraho. 

Urupfu rwe rwateje ikibazo cya politike nyuma y’uko umukobwa we, Tchizé dos Santos, yanze ko ashyingurwa muri Angola. 
Dos Santos, warwanye intambara y’ubwigenge, yaranze amateka ya politike y’iki gihugu nyuma yo kumara imyaka 38 ari ku butegetsi.  

Gusa umurage we wandujwe n’ibirego by’ikigero kiri hejuru cya ruswa hamwe no guhonyora uburenganzira bwa muntu mu gihe yari ku butegetsi.    
Uretse abanyapolitiki n’abategetsi b’ibihugu by’amahanga, abaturage benshi nabo bagaragaye bambaye imipira iriho ishusho ya dos Santos bitabiriye imihango yo kumusezeraho. 
Adilson Quaresma yabwiye BBC ati: “Yari urugero rw’umuntu wadukoreye ibintu byinshi.”
Abaturage bari hanze y’ahabereye imihango yo kumusezeraho
Kumushyingura bibaye nyuma y’iminsi micye amatora arangiye, aho ishyaka riri ku butegetsi, MPLA byitezwe ko ribugumaho.  

Gusa iritavugarumwe n’ubutegetsi, UNITA, ryamaganye iby’ibanze byavuye mu matora byatangajwe na komisiyo y’amatora ya Angola. 
Kubera abategetsi bo mu mahanga baje guherekeza dos Santos, ku munsi wari kuba isabukuru ye y’imyaka 80, abategetsi muri Angola basabye abaturage kutigaragambya kubera umwuka mubi uhari uva ku byavuye mu matora.  

Ibinyamakuru byaho bivuga ko “Polisi yasabye abaturage, na sosiyete sivile bateganyaga ibikorwa kuwa gatandatu no ku cyumweru, kuba babihagaritse mu kubaha uwahoze ari umukuru w’igihugu.”  
Umuryango wa José Eduardo dos Santos uvuga ko we yifuzaga gushyingurwa muri Espagne.  
Bivugwa kandi ko yari afite ubwoba ko urupfu rwe ruzagirwa igikoresho cya politike kuko abana be badashobora kugera muri Angola kumushyingura cyangwa gusura imva ye. 
Amaherezo urukiko rwo muri Espagne rwategetse ko umurambo we ucyurwa iwabo ugahabwa umupfakazi we muri Angola.  

Abakobwa be Isabel na Tchizé dos Santos ubu baba mu buhungiro i Burayi nyuma y’uko perezida uriho ubu, João Lourenço, yatangije ibikorwa bikaze byo kurwanya ruswa ivugwamo bamwe mu bo mu muryango wa dos Santos. 
Isabel dos Santos yarezwe gusesagura no kunyereza umutungo wa rubanda ubwo yari umukuru w’ikigo cya leta cy’ibitoro, Sonangol. 
Yahakanye ibyo birego avuga ko arimo kuzira umugambi wa politike wo guhiga abantu bamwe.  
Perezida João Lourenco (hagati) yari akuriye umuhango wo gusezeraho uwo yasimbuye

Hagati aho Zenu dos Santos, umuhungu w’uyu wahoze ari perezida, mu buryo bwatunguye benshi yabonetse mu gushyingura se, uyu umwaka ushize yakatiwe gufungwa imyaka itanu kubera uburiganya.  
José Eduardo dos Santos yapfuye afite imyaka 79 kubera indwara y’umutima ubwo yariho avurirwa mu bitaro byigenga biri i Barcelona muri Espagne.
Yavuye ku butegetsi mu 2017, abusigira Lourenço icyo gihe wari minisitiri w’ingabo. 

Ignore ce message si tu es déjà membre !


pour poursuivre la lecture et avoir accès à l’ensemble des archives

This will close in 20 seconds

Discover more from RADIO & TV EN LIGNE

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading