
Umukuru w’intara ya Kivu ya ruguru, Lieutenant-général Constant Ndima, yatangaje ko inzego z’umutekano zatabaye kandi zatangiye iperereza ngo zimenye ibijyanye n’uku guturika.
Minisiteri y’itumanaho ya Congo yatangaje ko abantu umunani byari byavuzwe mbere n’abategetsi ko bapfuye atari ko bimeze, ko ahubwo babiri muri bo bari bakomeretse bikomeye ariko bagifite ubuzima.
Iyi minisiteri yavuze ko mu bapfuye harimo umusirikare w’ipeti rya lieutenant-colonel, undi w’ipeti rya capitaine, umugore w’uwo lieutenant-colonel, nyiri akabari, hamwe n’umuhungu w’imyaka 12.
Uko guturika kwabereye mu kabari kari muri metero 100 uvuye ahari ibitaro bya gisirikare muri iki kigo.

Amashusho agaragaza imirambo n’inkomere yahanahanywe cyane ku mbuga nkoranyambaga ibi bikimara kuba.
Ministeri y’itumanaho ya DR Congo ivuga ko “bigoye kuri iyi saha kumenya ubwoko n’inkomoko y’uko guturika”.

NewLatter Application For Free