HOSPITALITE Home » Ibitero bya Kigeli III Ndabarasa

Ibitero bya Kigeli III Ndabarasa

Spread the love

Cyilima Rujugira ,amaze gutanga ,yasimbuwe n’umuhungu we KIGERI III NDABARASA,ni ukuvuga ahasaga mu w’1708 kugeza mu w’1741.Ndabarasa ntabwo gutegeka byamugoye cyane ,kuko yari yarabyitoje cyane ,akimara kugimbuka .Kuko n’ubundi yari azi ko azasimbura se ku Ngoma, nk ‘uko amabanga y’Ubwiru yari ari.Aha twakwibukiranya ko ariwe ,wateye igitero kigaruriye Ndorwa y’Abashambo n’ Ingabe yaho Murorwa.Ndabarasa akimara kwima Ingoma ya se ,yihutiye gushimangira ubutegetsi bw’u Rwanda mu Ndorwa, ibisigisigi by’Abashambo bari bigometse igihe bumvaga ko u Bugesera bwongeye gutera u Rwanda ,aragena abikuraho Ubutegetsi bw’u Rwanda bushimangirwa butyo mu Ndorwa.

8.1. Igitero cyigaruriye Ingoma y’ u Rweya (Mubali)

Muri icyo kibariro, hari akarere kamwe k’I Ndorwa kari karayiyomoyeho karema Ingoma yako ,ako gace niko kitwaga “MUBARI “ ariko kari kagize Ingoma y’ u RWEYA.Icyo gihugu cyategekwaga n’Abami b’Abazigaba baje baturutse mu ntara z’ikiyaga cya Vigitoriya, bityo hakaba hari ahandi hatuye abazigaba benshi nk’I Karagwe muri Tanzaniya.Umwami wategekaga Abazigaba mu mwaduko w’ingoma Nyiginya yari KABEJA, umwami wo mu RWEYA (Mubari: Komini Ngarama).Ubu ni mu Karere ka Gatsibo.

Ndabarasa nako yafashe umugambi wo kukigarurira akoresheje amayeri nk’ayo Mibambwe I Sekarongoro yakoresheje atsinda Mashira Umwami w’ iNduga.Yabanje gushyingira Umukobwa we NYABUGONDO,Umwami w’u Mubari ariwe BIYORO .Icyo gihe amutera ari ku manywa y’ihangu ari kumwe n’ingabo ze zikoreye inzoga mu Ntango nyinshi ,n’amaturo atagira ingano ,bitwaje ngo aje gutura umukwe we.Igihe ibirori bya byizihiye ,bigeze I gati , nibwo Ndabarasa yeguye icumu rye aritanganika nk’ugiye kwivuga ,aba aritikuye Biyoro mu Gituza. Ingabo za Ndabarasa nazo zari ku Karubanda zanyoye zahaze zirimo guhiga uko ziri butsinde urugamba,abandi bakagirango nuko zasinze .Icyo gihe hahise humvikana umuborogo ,ibyari ibirori bihinduka induru.Ingabo za Ndabarasa zishokana akavuyo nkizije gutabara ,ziroha mu Batware n’abandi bakomeye bari mu birori zirabica zirabamara.Ndabarasa atahana umukobwa we Nyabugondo amushyingira abandi .Anyaga Ingoma –Ngabe yabo SERA Ingoma y’Abazigaba bo mu Rweya ,izima ityo.

Itonde ry’imitwe mikuru ivuga uko u Rwanda rwagiye rwaguka

17 Hifashishijwe

Ignore ce message si tu es déjà membre !


pour poursuivre la lecture et avoir accès à l’ensemble des archives

This will close in 20 seconds

Discover more from EN LIGNE

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading