HOSPITALITE Home » Igitero cyigaruriye Ingoma y’u Bugesera

Igitero cyigaruriye Ingoma y’u Bugesera

Spread the love

Kigeli Ndabarasa amaze gutanga yasimbuwe n’ umuhungu we MIBAMBWE III MUTABAZI II SENTABYO, ni ukuvuga ahasaga mu w’1741 kugeza mu w’1746.Mutabazi Sentabyo yima Ingoma, u Rwanda rwari rusigaranye ibihugu bibiri bikomeye btari biruhangayikishije, ibyo bihugu ni U Bugesera n’i Gisaka cy’ Abazirankende.Akimara kwima Ingoma yihatiye gutera igihugu cy’u Bugesera.

U Bugesera bwari igihugu cy’imigina n’ibishanga by’imifunzo n’ibiguhu biciyemo imigende n’ibinamba by’amasanzure y’Akanyaru n’Akagera.Abami btegekaga u Bugesera bari Abagesera. Cyari igihugu kirimo ikiyaga cya Mugesera ari naho iryo zina ryakomotse.Naho imfizi y’I Bwami yitwaga RUSHYA .Kikaba cyaritwaga u Bugesera bw ‘Abahondogo .Igihugu cy’u Bugesera kigizwe na komini Kanzenze, Ngenda na Gashora ho muri Kigali (ubu ni mu Karere ka Bugesera).

Nuko Mibambwe III Mutabazi II Sentabyo yiyemeza gutera Igihugu cy’u Bugesera cyari gituwe n’Abahondogo , icyo gihe yica Umwami waho NSORO IV NYAMUGETA,anyaga n’ Ingabe yaho RUKOMBAMAZI.Kubera ko intambara yo kwigarurira u Bugesera yashojwe na Mibambwe III Mutabazi II Sentabyo ,yabaye icyorezo cyane hapfuye Abahondogo benshi,Abahondogo nyabo basigaye mu Rwanda ni mbarwa.Icyo twabibutsa aha, nuko mu itsinwa ry’u Bugesera ,hari igice cyagiye ku Burundi.Ingoma y’Abahondogo iganzwa ityo.

Itonde ry’imitwe mikuru ivuga uko u Rwanda rwagiye rwaguka

17 Hifashishijwe

Ignore ce message si tu es déjà membre !


pour poursuivre la lecture et avoir accès à l’ensemble des archives

This will close in 20 seconds

Discover more from EN LIGNE

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading