HOSPITALITE Home » Igitero kigaruriye u Buriza

Igitero kigaruriye u Buriza

OLYMPUS DIGITAL CAMERA

Spread the love

Nyuma y’aho Ruganzu I Bwimba abimburiye Abami b’u Rwanda gutera ibitero byo kwagura igihugu, hakurikiyeho CYILIMA I RUGWE ,niwe wateye igitero kibasiye Ingoma y’U Buriza yategekwaga n’Ibikomangoma by’Abongera bo mu bwoko bw’Abasinga.Igihugu bategekaga cyari kigizwe n’intara z’ U BUMBOGO bwahoze bwitwa u BUSARASI (muri Komini Musasa,Rushashi na Tare ho muri Kigali ).Ubu ni mu Karere ka Rulindo.Cyari kigizwe na none n’UBURIZA nyirizina (muri Komini Rutongo ,Mugambazi na Shyorongi ho muri Kigali ).Ubu ni mu Karere ka Rulindo . Umurwa Mukuru w’u Buriza wari Nyamitanga ho kuri Jari

Icyo gitero kibasiye cyane Umwami w’U Buriza MUGINA, nuko Rugwe ashirwa amucuze inkumbi. Ingabe yabo BUSHIZIMBEHO Abanyarwanda barayinyaga.Ingoma y’uBuriza izima ityo, abatware n’abaturage b’izo mpugu bayoboka ubami bw’I Gasabo.Icyo gitero kikaba cyaraba ye mu Cyi cyo mu w’1345. Aha akaba ari naho havuye imvugo igira iti :“U BURIZA BWA GASABO “ kuko ariyo mfura mu bihugu Ingoma y’I Gasabo yigaruriye bwa mbere.

Itonde ry’imitwe mikuru ivuga uko u Rwanda rwagiye rwaguka

17 Hifashishijwe

Ignore ce message si tu es déjà membre !


pour poursuivre la lecture et avoir accès à l’ensemble des archives

This will close in 20 seconds

Discover more from EN LIGNE

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading