Lt Gen Muhoozi Kainerugaba mu ruzinduko muri Ethiopia yitezwemo guhura na Minisitiri w'intebe
Mu kwezi kwa mbere, Liyetona Jenerali Kainerugaba yoherejwe na Perezida wa Uganda Yoweri Museveni kuganira n’u Rwanda mu gufasha gucyemura ubushyamirane bwari bumaze igihe hagati y’ibihugu byombi.
Ubwo bushyamirane bwari bwaratumye habaho ifungwa mu gihe cy’imyaka itatu ry’umupaka ibihugu byombi bihana.
Mu kwezi kwa gatandatu, uyu mugaba mukuru w’igisirikare kirwanira ku butaka cya Uganda yanoherejwe muri Kenya guhura na Perezida ucyuye igihe Uhuru Kenyatta amushyiriye ubutumwa bwihariye.
Ibikorwa bikomeje kwiyongera byo mu rwego rwa diplomasi (umubano n’amahanga) bya Liyetona Jenerali Kainerugaba, bibonwa na bamwe nko kugerageza kwa Perezida Museveni – umaze imyaka 36 ku butegetsi – kwo gutegurira umuhungu we kuzamusimbura kuri uyu mwanya.